By Our Reporter
Ku nyungu z'umwana w'umuhungu babyaranye, Tanasha Donna n'umuhanzi Diamonds Platnumz bashyize ku ruhande uburakari umwe afitiye undi batangira gutegura ejo hazaza ha Naseeb Jr.
Mu Kwakira 2019 ni bwo Diamond na Tanasha bari bamaze igihe bakundana bibarutse umwana w'umuhungu, abantu bari bazi ko bazanabana ariko baje gutungurwa n'uko baje gutandukana.
Muri Werurwe 2020, baje gutandukana ndetse Tanasha yumvikana mu bitangazamakuru avuga amagambo akomeye kuri Diamond, avuga ko yamuhemukiye, ari umuhehesi n'ibindi.
Nk'uko uyu mukobwa yabitangarije Radio Citizens yo muri Kenya, yavuze ko ubu hagati ye na se w'umwana we nta kibazo gihari, bakaba barahisemo gushyira uburakari ku ruhande ku bw'inyungu z'umwana wa bo.
Yagize ati“njye na papa w'umuhungu wanjye tumeze neza, turavugana ntabwo tukiri abanzi , tumeze neza, turavugana ku bw'umuhungu wacu, ndamwubaha cyane.”
Muri Mata 2020, Tanasha yatangaje ko atifuza ko umwana we yakura adafite se, akaba ari na yo mpamvu yagerageje kurwana ku mubano we na Diamond ariko bikarangira byanze kuko Diamond we yasaga n'aho atabyitayeho.
Bahisemo kwiyunga kubera umwana babyaranye
0 comments: